Wednesday, December 12, 2012

Urwenya: Interview yuzuye ibikuta n'ibisubizo bitangaje


1. Watangira utwibwira :
Mukeneye ko mbabwira ibingana gute kuko mfite imyaka myinshi ubwo byansaba umwanya munini kubibwira.
2. Kuki waretse akazi wakoraga mbere ?
Ntabwo nakaretse karandetse.

3. Ni iyihe experience ufite muri iyi domaine ?
Nakozemo.
4. Ubona uri muntu uri successful ?
Yego.
5. Abo mwakoranaga bakuvugaga cyangwa bagufataga gute ?
Nta na rimwe nigeze mbasaba ko bamvuga.
6. Ni iki uzi kuri iki iki kigo cyacu ?
Icyo nzi ni uko mushaka umukozi.
7. Ni iki mwakoze kugira ngo mwihugure, mugire
ubumenyi bwinshi mu myaka itanu ishize ?
Narebye film.
8. Hari ahandi hantu wasabye akazi ?
Aka kanya hoya ariko mu cyumweru gishize natse akazi ahantu henshi cyane .
9. Kuki ushaka gukora muri iyi iki kigo ?
Sinzi pe ! Mwebwe se aka kanya mumaze kumenya impamvu mushaka ko mbakorera ?
10. Urashaka umushahara ungana gute ?
Umushahara ? Umpembe menshi ashoboka.
11. Uri umuntu ukunda gukorana n’ikipe(team/equipe) ?
Mbere ni bwo nabaga muri team yo ku ishuri ariko nkora sport zitansaba gukorera muri team.
12. Turamutse tuguhaye akazi urateganya gukorana na twe igihe kingana iki ?
Icyo ni ikibazo cyiza cyane. Ndakeka kugeza igihe cyose mboneye akandi kazi keza.
13. Byigeze bikubaho wirukana umuntu ?
Ntabwo nigeze mbikora, ariko mbonye ubwo bushobozi nakwirukana abantu benshi cyane.
14. Uramutse ubonye amafaranga menshi wafata ikiruhuko cy’izabukuru ?
Yampe urebe.
15. Ni iyihe mpamvu waduha yatuma tuguha akazi ?
Kuko mpari kandi namwe mukaba mushaka umukozi.
16. Ni iki umukozi mugenzi wawe yakora kikakubabaza ?
Njewe nkunda kubahiriza amategeko ku bw’iyo mpamvu nanga abakozi bakora amasaha y’ikirenga nk’aho batazi ko ari ukwica amategeko.
17. Iyo uri mu kazi ni iki uba wifuza kugira ngo akazi kawe kagende neza ?
Umushahara mwinshi.
18. Ni umuntu umeze ute wumva mutakorana ?
Umuntu umeze nkanjye.
19. Ni iki kuri wowe uha agaciro, umushahara cyangwa akazi ukora ?
Mushatse kuvuga ko mushaka ko mba umukore abushake(volunteer/volontaire) ? Mutanga itangazo ry’akazi mwavuze ko mushaka umukozi uzakora namwe mukamuhemba.
20. Tubwire ikibazo wigeze ugirana n’umukoresha wawe mbere.
Umwe mu baboss banjye yanukaga mu kanwa cyari ikibazo mu biro byose.
21. Tubwire uburyo ushobora gukora hari pressure/pression ?
Uravuga pressure/ pression y’amazi cyangwa ya mitsiig ?
22. Ushobora gukora bibaye ngombwa amajoro ndetse no muri weekend ?
Murashaka kunyumva ariko ?
23. Ni irihe somo wakuye mu makosa wagiye ukora mu kazi ?
Buri gihe yabaga ari uwundi wakoze ikosa njyewe babaga bambeshyera.
24. Iyaba ari wowe uri gushaka umukozi kuri iyi post ni iki wareba ?
Ntacyo nareba kuko naba nzi neza ko nanjye aka kazi nkashaka.
25. Turumva nta experience ufite muri aka kazi ni gute wumva wakora ariko kubura experience kwawe ntikukubangamire mu kazi ?
Nakoresha uburyo ukoresha kugira ngo ubwiyemezi ufite butakubangamira mu kazi.
26. Wifuza boss umeze ute ?
Umuyobozi utita ku byo nkora kandi wibagirwa vuba.
27. Tubwire igihe rimwe wigeze gukemura amakimbirane hagati y’abantu.
Rimwe inshuti zanjye zigeze kutumvikana hagati ya ekipe eshanu za mbere muri championat y’Ubwongereza, noneho mbafasha kumvikana, gukoresha iminsi ibiri gusa kugira ngo ntatinda bagakomeza kugira amakimbirane, nakoresheje amasaha y’akazi, nkoresha na telephone yo ku kazi mpamagara mu Bwongereza ndabaza neza amakipe atanu ya mbere ndetse nkoresha na internet mbona amakuru y’impamo noneho ndabakiza, ni ikintu nishimira nakoze mu buzima bwanjye.
28. Tubwire uburyo witwara mu kazi ?
Iyo boss ansabye raporo ko iba yabonetse ejo, ikarangira mbere nta kibazo pe ejo arayibona. Iyo ansabye ko nyimuha mu cyumweru nkayirangiza mu munsi umwe nta kibazo pe mu cyumweru arayibona. Ni uburyo ngira bwiza bwo kuzuza icyo umukoresha anyifuzaho.
29. Hari ibibazo ufite byo kutubaza ?

Ndabifite bitatu :

1) Musigaje ibibazo bingahe byo kumbaza ?
2) Aka kazi murakampa ?
3) Muzampemba amafaranga angahe ?

 Source: yegobprod

 

Eti yemu yaba igura urulavu ?

ATM yaba igura urukundo ?) Aye ! (Yemwe Yemwe!)
Za masiku? (Amakuru y’iminsi?)

Ebana, ntihagire unzana (ungora) ngo nabaga he… namwe agatigito (gahunda nyinshi) ko muri iyi tawuni (umujyi) murakazi… bongo? (siko bimeze?)

*: Ni kwakundi tu ku bijyanye n’imvugo yanjye… abataba I Kigali cyangwa abatamenyereye sirikwi (circuits) mbamo amagambo amwe n’amwe ashobora kubacanga (kubayobera) ariko nkuko nabibemereye nta ribi (nta kibazo) nzajya ngenda nyabasobanurira mbonereho no kubigisha imvugo (Jargon - slang) y’abatawuneri (towners - abanyamujyi) kugira ngo hatazagira ubaragira (ubabeshya)…sibyo wangu ? (nshuti zanjye?)

Ok, ahubwo tu kama kawa (nk’uko bisanzwe) nari nakaniye (nashatse) kubatera (kubagezaho) sitori (story – inkuru) ku bindi bintu nabonye ejo bundi muri wikendi (week-end) bikancanga… Eh! Wallahi (nimpamo) navuyeho! (narumiwe!)

Mani, ejo bundi tu nari nibereye mu mwihiringo (gahunda) muri siti (city – umujyi) sinzi ukuntu zanyongoje (nagize agatekerezo) kwikatisha muri supamaketi (super market – iduka) ngo ndebe ku mabolo (ibicuruzwa) bagurisha na mambo za beyi (n’ibijyanye n’ibiciro) kuko ndashaka kuzitapa (kuzasimbukira) Kampala nkareba niba hari icyo namanurayo (navanayo) numvishe ngo dilu (deal – ubucuruzi) za supamaketi zisigaye zirimo akantu (amafaranga)…

Ubwo rero mu gihe nari ndi gucekinga (kwitegereza) neza kuri purodagiti (product – ibicuruzwa) sinzi ukuntu numvishe umudemu (umukobwa) ateye isawuti (sauti – urusaku) kuri kese (caisse – aho bishyurira) ndikanga mpita mpindukira kuko numvaga afite silenge (slaing – imvugo) y’ikamujyi (avuga nk’abanyamujyi)…. Yarateruye ati “Nsiga kuri Eti Yemu Hani, ni kula kulipa!” (Mpereza ikarita ya ATM mukunzi, kurya ni ukwishyura!)…

Ku mutima nahise mvuga nti uyu ni ishangigi (icyomanzi) tu !!! Kuko nta mukobwa muzima uvuga atyo mu ruhame kandi asakuza nk’isandi tena (rugeretse) anakanjakanja shikaleti (uduhendabana). Umukoboyi (cow-boy – umusore) bari kumwe nabonye bimucanze (bimuyobeye) kuko bici (bitch - indaya) yari yahashye bolo za yose (yari yafashe ibicuruzwa byinshi cyane) ariko tu arapowa (arikomeza) avanayo viza (Visa – ikarita ya banki) mbona arapeshe (arishyuye) ariko yazenze bitangaje ! (agahinda kamwishe)…

Ikibazo ariko kitari n’ikibazo azi saci (as surch – urebye) nahise nibaza ni : « Ese Eti Yemu yaba isigaye igura urulavu ? » kuko yari amubwiye ngo ni kula kulipa kandi yamwise hani ? Ahaaa…

Ngirango ntawakwirirwa abyibazaho byinshi, niba tubana Keji Eli (KGL – mu mujyi wa Kigali) namwe mwiyiziye uburyo ishangobe (indaya) zatyaje amasupana (zakanuye amaso) ngo zizakura ibyinyo na ba mapengu (zizarya amafaranga n’ayabatayagira).

Gusa njye icyo navuga ni uko nk’uko byagaragariye buri wese wari aho uwo mukobwa n’ubwo atari yitwaye mu buryo bumuhaye agaciro cyangwa ngo bumwubahishe kuwo ariwe wese, wanabonaga ko atari umwana w’umukene nyakujya wabuze ibyo arya cyangwa imibereho ku buryo yagera aho kwigurisha cyangwa kugurisha urukundo rwe. Uretse ko nsigaye nanibaza niba rukibaho bikancanga nabyo… ubwo namwe muzambwira !





Enewe (anyway – ibyo aribyo byose) umuco wo gukura ibyinyo ubaye akarande mu bari ba Keji Eli, kandi n’ubwo ngo aba umwe agatukisha bose ikigaragara ni uko kuri ubu umusore udafite akunyu (agafaranga) basi na gake nta n’inyinya bamwereka (nta n’umureba irihumye).
Aho utu tubolo twa Eti Yemu (ATM) tuziye rero ho, makangu (umukobwa w’ikirara) nta n’aho wamucikira n’iyo igicuku cyaba kiniha uratobokesha (urashirirwa) akakubwira ngo « nta Eti Yemu ugira se ? fata agahene (moto) ujye ku cyuma (banki) ». Sikiya kweli !!! (munyumvire namwe !!!)

Ni danje nakwambiya (birakaze ndakubwiye)… Reka njye kwishakira ubwanjye bukaro (amafaranga) icyo nzicyo uwibaza ko azarya aya Kanaka we namubwira nti « Ayinyaaa ! Tyaza inzinyo ngo uzarya ruhaya » Hahahah…
Kabisa mwisubireho dada (bashiki bacu), biriya bintu birakemye kabisa ! (biragayitse rwose !)
Pisi ! (Peace – Amahoro kuri mwe !)

Source: k2d

Monday, October 1, 2012




Van Persie yandikishije amateka




Robin Van Persie abaye umukinnyi wa Gatatu uvuye mu ikipe ya Arsenal ajya gukinira mukeba w’igihe kirekire Manchester United, by’umwihariko abikoze nyuma y’imyaka 25 nta mukinnyi uva mu ikipe y’Arsenal ajya muri Manchester United.

Ubusanzwe kubera ihangana rikomeye rikunze kugaragara hagati ya Manchester United na Arsenal ahanini gushingiye ku kuba aya makipe yose akunze kuba afite abakinnyi bakomeye kandi intego ari imwe”igikombe cya Shampiyona” n’ibindi bikinirwa mu gihugu cy’Ubwongereza.
Bituma abakunzi b’aya makipe yombi aho bari hose kw’isi bahora bashyamiranye, uku gushyamirana n’ishyaka kuri buri ruhande bituma akenshi n’abakinnyi bakina mu makipe yombi bumva ko atava muri imwe ajya mu yindi kuko aba yumva ari nko kuyigambanira.
Kubera izo mpamvu n’izindi tutavuze bituma kugeza ubu mu myaka isaga ijana izi kipe zombi zimaze zishinzwe abakinnyi Babiri gusa aribo bamaze kuva muri Manchester United bajya mw’ikipe ya Arsenal.
Ku rundi ruhande Robin Van Persie w’imyaka 29 yakiniye ikipe ya Arsenal kuva mu mwaka wa 2004, ayivuyemo muri uyu mwaka aguzwe na Manchester miliyoni 30 z’Amayero.

Abaye umukinnyi wa Gatatu uvuye mu ikipe ya Arsenal ajya mu ikipe ya Manchester United, nyuma y’umunya Ireland Frank Stapleton  wakiniye Arsenal kuva mu mwaka w’1974 akayivamo mu 1981 yerekeza muri Manchester United ku myaka 25, aguzwe ibihumbi 900 by’Amayero(amafaranga akoreshwa mu muryango w’ubumwe bw’i Burayi), n’Umwongereza Viv Anderson wakiniye ikipe ya Arsenal kuva mu mwaka w’1984, aza kuyivamo yerekeza muri Manchester United mu 1987 ku myaka 31.

Robin Van Persie ahiye muri Arsenal yashakishwaga n’amakipe menshi kandi akomeye ku mugabane w’i Burayi harimo Manchester City yo mu Bwongereza na Juventus yo mu Butaliyani.
Bamwe mu bakinnyi bakinanaga na Van Persie bakomeje gutangaza ko babajwe cyane no kuba abavuye kuko yari umukinnyi wabatsindiraga ibitego byinshi kandi wanitwaraga neza muri rusange mu kibuga dore ko yari asigaye ari nawe Kapiteni w’Arsenal.

By Kevin K.



Abahanzi ba Hip Hop bagiye gushimirwa by’umwihariko

Tariki 17 Ugushyingo 2012, Abahanzi bakora injyana ya Hip hop bagiye gushimirwa by’umwihariko bahabwa ibihembo byihariye byiswe Hip hop Carnival.

Ubwo twavuganaga na Pacson umwe mu barimo gutegura ibi bihembo yadutangarije ko abahanzi bo muri Hip hop bazashyirwa mu byiciro 13.

Dore ibyo byiciro:

1.Umuhanzi w’umwaka ukora Hip hop;
2.Umuhanzi w’umukobwa w’umwaka ukora Hip hop;
3.Umuhanzi w’umuhungu w’umwaka ukora Hip hop;
4.Indirimbo ya Hip hop ihuza abahanzi benshi b’umwaka;
5.Amagambo y’indirimbo ya Hip hop meza y’umwaka;
6.Indirimbo ya Hip hop nziza y’umwaka;
7.Umuhanzi wa Hip hop  ukiri muto w’umwaka;
8.Utunganya indirimbo za Hip hop mu majwi w’umwaka;
9.Ujorora amashusho y’indirimbo za Hip hop w’umwaka;
10.Umuhanzi waririmbye Inyikirizo mu ndirimbo za Hip hop w’umwaka;
11.Umuntu ushushanya Graffiti nziza, n’ibindi.

Pacson mu kiganiro n’ikinyamakuru Ijwi asanga ibi bihembo by’abahanzi ba Hip hop gusa bigiye kongerera agaciro iyi njyana n’abayikora dore ko n’uzegukana igihembo azabona n’ibahasha irimo amafaranga igiherekeza.

Yagize ati:”Amaradiyo ntaritabira gukina injyana ya Hip hop. Sinavuga ko ibi bihembo bigiye gutuma Hip hop nyarwanda irenga imipaka kuko ni ku nshuro ya mbere”.
Umuraperi Fireman wo mu itsinda rya Tuff Gangs aganira n’Ijwi yadutangarije ko ashimishijwe n’itegurwa ry’ibi bihembo kuko ari kimwe mu bintu bihesha Hip hop agaciro, bitume abahanzi bakora Hip hop barushaho gukora cyane n’ihangana ariko kandi ngo Fireman yishimiye ko bizagararagaza abahanzi b’abahanga.

Ati:”Twabitangiye ejo bundi bapinga, ntitwari tuzi ko bizagera hano, ikizere kirahari no hanze tuzagerayo”.
Amakuru dufite n’uko ibi bihembo birimo gukorerwa mu gihugu cya Kenya kandi biri kugera ku musozo igisigaye ari ukunoza uko ibirori byo gutanga ibi bihembo bizaba bimeze.

By Kevin K.

Friday, June 29, 2012

Jay Polly asomwa bwa mbere n’umukobwa

Jay polly mu kinaniro Susuruka cya Contact Fm bamubajije igihe yaherewe Kiss/Bizou bwa mbere mu buzimabwe, n’amakenga menshi ati:”Ni mu mashuri yisumbuye(secondary), ngahawe n’agakobwa kitwaga Caroline”.

Jay Polly (i bumoso) na Bulldogg bahuriye mu itsinda rya Tuff Gangs


Bamubajije kutera urwenya dore ko ahanini iki kiganiro inzenya ziba ari nyinshi, dore urwenya yateye:

Umugore n’umugabo babanaga mu muryango (family), rimwe umugabo arimo agenda mu muhanda ahura n’umukobwa wahobagiye, yakubiswe byahatari. Umukobwa yari afite ikimero ariko nta kintu ariho, umugabo yanga kumusiga kunzira aramubwira ati:”Ko murugo nta mukozi dufite waje ukojya udukorera murugo?), Umukobwa agezeyo arisiga arongera aracya, batangira kujya babirangiza.

Rimwe agiye kumureba kuko byasabaga ko amukura mu cyumba cye, akamujyana mucy’abashyitsi, mukumutwara yamunyuzaga muri koridoro amuhetse kugirango umugore atabumva, rimwe umugore abyutse asanga umugabo we muri koridoro ahetse umukozi.
Ati :”Ibyo murimo ni ibiki?”.

Umugabo ati:”Ariko wa mugorewe wagiye ugira impuhwe, uyu mukozi yirirwa aduhekeye kuva kuwa mbere kugera kuwa Gatanu none kuba njye naba muhetse umwanya muto mwumvisha umunyenga ni ikibazo?”
Umugore aranyurwa ati:”urwo rukundo noneho, nirwiza”.

Yongeye kumvikanisha ko yifitiye ikizere mu irushanwa rya PGGSS avuga ati:"Ejo nibwo bazakuramo abahanzi batatowe cyane, abatowe tugakomeza".

Saturday, May 26, 2012

Imodoka ya Skol yashyize ibona nyirayo




Nyuma y’amezi atatu hatangiye tombola yo gushaka uwakwegukana imodoka yatanzwe n’Uruganda BMC (Brasserie des Milles Collines) binyuze mu kinyobwa cyarwo Skol, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gicurasi 2012, imodoka yegukanywe na Ragera Ladislas.

Kuva tariki 24 Gashyantare 2012, buri munyarwanda wese yashoboraga kwegukana imodoka yo mu bwoko bwa Mitsubishi Lancer ifite agaciro kabarirwa mu bihumbi 25 by’amadolari y’Amerika, binyuze muri tombola yari yashyizwe mu mifuniko y’amacupa y’ikinyobwa cya Skol.
Thomas Weingarten the managing director of BMC


Aha buri munywi wa Skol wese yasabwaga kureba mu mufuniko buri uko afunguye icupa kugira ngo arebe niba nta tombola irimo. Abagiye basanga mu mufuniko batomboye imodoka bagera kuri 35, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu bahurijwe hamwe i Gikondo mu Karere ka Kicukiro ahasanzwe habera imurikagurisha, kugira ngo umunyamahirwe umwe muri bo yegukane imodoka.

Mu gutoranya utaha muri iyi modoka hakoreshejwe tombola yakozwe mu byiciro bibiri ; icya mbere cyatumye 20 ba mbere basohoka mu irushanwa cyakozwe buri wese afata nomero imwe mu isorori yari irimo imibare iva kuri nomero 1 kugera kuri 60, hanyuma umwe mu baturage bari bahari wagaragaje ubushake yazamutse imbere akaraga icyuma (gifite umuzenguruko w’imibare 60 ingana n’inomero zari zatombowemo), uwo inomero ye iguweho n’icyuma akaba avuye mu irushanwa.

Tombola yaje guhindura isura ubwo 15 bari basigaye, kuri iyi nshuro ya mibare 60, buri umwe muri bo yafashe udupapuro tune turiho imibare itandukanye ; aha icyuma cyagombaga gukaragwa, umubare gihagarariyeho umuntu uwufite akaba yegukanye imodoka.

Thomas Weingarten, Umuyobozi mukuru w’urugandwa BMC rwenga Skol, mu gukaraga icyuma cyaje guhagararira kuro nomero ya nyuma ariyo ya 60, Ragera Ladislas wari wayitomboye aba yegukanye imodoka atyo.

Ragera Ladislas yatomboreye i Kibagabaga, mu buzima busanzwe yari umushoferi utwara imodoka nini zizwi nk’amakamyo, akimara kwegukana iyi modoka yashimye Imana dore ko yanavuze ko mu byumweru bibiri bishize yakoze impanuka ikomeye ariko ntiyagira icyo ababa.

Mugarura Marc, ushinzwe imenyekanishabikorwa mu ruganda BMC rwenga Skol yatangarije IGIHE ko iyi tombola yaciye mu mucyo, kandi ko nta buriganya bwakoreshejwe, kandi yongeraho ko bitanashobokaga ko umuntu agira uwo afasha gufata umubare uri butombore kuko icyuma nacyo utagitegeka aho kiri buhagarare.

Uwamahoro Eugenie yari muri 15, bari basigaye mu cyiciro cya nyuma cyanahawe telefone, umupira n’ingofero yatangarije IGIHE ko abona nta buriganya bwari muri iri rushanwa kandi aboneraho no gusaba ko ubutaha irushanwa nirigaruka abantu bazaryitabira ari benshi.

N’ubwo intego nyamukuru yari ugutombora imodoka, uruganda BMC (Brasserie des Milles Collines) rwenga inzoga Skol rwanatanze amahirwe yo kwegukana ibindi bihembo nk’ingofero, imipira yo kwambara, amatelefoni n’ibindi.
VĂ©nuste KAMANZI

Thursday, May 3, 2012

Ukubabarirana nyakuri niyo nzira yo kwiyunga kw’Abanyarwanda- Ruzibiza



Wesley Ruzibiza umubyinnyi n’umukinnyi w’amakinamico w’umunyarwanda asanga inzira iboneye yo kwiyunga hagati y’Abanyarwanda nyuma y’amahano ya Jenoside yagwiririye u Rwanda ari ukubabarirana nyakuri no kongera gufasha abarokotse kwiyubaka binyuze mu kubaha ubutabera nyabwo.
Aha Wesley Ruzibiza yarimo akinana n'Abanya Cambodia mu mukino witwa Breaking Silence  ugamije kunga  abakorewe Jenoside n'abayikoze byumwihariko muri Cambodia

Ibi yabitangaje ubwo yaganiraga n’umunyamakuru w’urubuga rwa  www.phnompenhpost.com mu ntangiro z’iki cyumweru, amubazaga ibibazo bitandukanye ku buhanzi bwe n’ejo hazazahe, by’umwihariko no ku mateka yaranze u Rwanda mu gihe cya Jenoside n’inzira ikwiye yo kwiyunga hagati y’Abanyarwanda nyuma y’ibyabaye.

Aha Ruzibiza yamubwiye ko yatangiye kumva inkuru za Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1998, kuko yabaye aba hanze y’u Rwanda baza kumubwira ko habaye intambara yahitanye ubuzima bw’abantu bagera kuri Miliyoni imwe, ariko atazi ubukana Jenocide yakoranwe.
Agira ati:”Nkubwije ukuri byari biteye ubwoba, kandi byatumye ntinya urupfu cyane”.
Akomeza avuga ko kubera ububi bwa Jenoside gukomeza kuyivuga n’ijwi riranguruye bizatuma ntahandi yongera kubaho ukundi ku isi yose.
Wesley Ruzibiza ni umuhanga mu kubyina imbyino gakondo na Contemporary African Style, n’ubwo amaze gukinira mu bihugu byinshi afite intego yo kuzakinira muri Cambodia umunsi.